2 Tim 4:5
Narwanye intambara nziza, narangije urugendo, narinze ibyo kwizera.
NARWANYE INTAMBARA NZIZA
Urugendo rugana mu ijuru kandi Pawulo yakunze kugaragariza Timoteyo ko ari intambara ku buryo yanamubwiye ko iyo uyinjiyemo uberaho kunezeza uwakwandikiye igisirikare nk’uko no mu gisirikare cyo mu isi bigenda.
Yesu yatubwiye ko abakizwa atari benshi bityo tugomba kumenya ko agakiza atari ukujenjeka ahubwo tukarwana n’umwuka w’ibyaha tukawunesha tukabaho ubuzima bwejejwe kubw’imbabazi z’Imana ziduhesha kunesha no kwezwa mu maraso ya Kristo iyo ducogoye.
Menya ko ubuzima twinjiyemo ari urugamba bizaguhesha kubera maso ibyo wakiriye no kubikomeza ukabirinda nk’uko Pawulo yabyihamirije ndetse na Yesu kandi akabisaba itorero rya Tuwatira
Bakundwa, ubwo nagiraga umwete wo kubandikira iby’agakiza dusangiye niyumvisemo ko mpaswe no kubahugura, kugira ngo mushishikarire kurwanira ibyo kwizera abera bahawe rimwe, bakazageza iteka ryose
Yuda 1:3
Shalom.